Nyagatare yanikiye utundi turere, Rutsiro na Burera baherekeza abandi mu Mihigo

Ubwo yagezaga ku mukuru w’Igihugu uko uturere twakurikiranye mu kwesa umihigo, Minisitiri w’intebe Dr. Ngirente Edouard yageze ku turere dutandatu twa nyuma avuga ko niyo wakora impuzandengo ku manota utundi turere twagize utu turere twagiye munsi y’umurongo, ni mu gihe iyi mihigo yahiguwe iyobowe n’akarere ka Nyagatare gakurikirwa na Huye, mu gihe uturutse inyuma habanza Burera ikurikirwa na Rutsiro.

Akarere ka Nyagatare kabaye aka mbere mu mihigo y’umwaka wa 2021/2022 kagira amanota 81.64%, mu gihe aka Burera kaje ku mwanya wa nyuma n’amanota 61.7%.

Ibi yabitangaje ku munsi wa kabiri w’inama y’Umushyikirano yaberaga i Kigali, kuva kuwa 27-28 Gashyantare 2023.

Akarere ka Nyagatare akaba ariko kanikiye utundi, ndetse intara y’iburasirazuba yanabaye iya mbere igira uturere tubiri muri dutandatu twa mbere.

Ubwo Minisitiri w’intebe yari ageze ku turere turindwi twa nyuma yavuze ko twagiye munsi y’umurongo.

Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yavuze ko aya manota yaba menshi uyashyize ku rwego rw’ishuri, ariko ari make mu bijyanye n’imikorere.

Ku rwego rw’Intara, Intara y’Iburasirazuba iza ku mwanya wa mbere n’amanota 79%, Intara y’Amajyepfo iza ku wa kabiri n’amanota 78%.

Ni mu gihe Intara y’Iburengerazuba yaje ku mwanya wa gatatu n’amanota 76%, Umujyi wa Kigali uza ku mwanya wa kane n’amanota 75%, naho Intara y’Amajyaruguru iba iya nyuma n’amaota 70%.

N’inama y’umushyikirano ibaye ku nshuro ya 18 yaherukaga mbere y’umwaduko wa Covid-19.

Uko uturere dukurikirana mu mihigo:

  1. Nyagatare
  2. Huye
  3. Rulindo
  4. Nyaruguru
  5. Rwamagana
  6. Rusizi
  7. Ruhango
  8. Gatsibo
  9. Kamonyi
  10. Ngoma
  11. Karongi
  12. Muhanga
  13. Rubavu
  14. Kirehe
  15. Gusagara
  16. Nyabihu
  17. Kayonza
  18. Ngororero
  19. Nyanza
  20. Bugesera
  21. Nyamasheke
  22. Nyamagabe
  23. Gakenke
  24. Gicumbi
  25. Musanze
  26. Rutsiro na
  27. Burera
Uko uturere twakurikiranye ni amanota twagize
Minisitiri w’intebe, Dr. Ngirente Edourd ageza urutonde rw’uko uturere twesheje imihigo ya 2021-2022 ku bitabiriye inama y’umushyikirano

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *