Aya ni amwe mu magambo yagarutsweho na Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente Edouard ubwo yatahaga iyi nyubako, avuga ko mu nyubako z’ubucuruzi zikabakaba 500 zose ziramtse zubatswe mu buryo burengera ibidukikije nk’inyubako nshya ya I&M Bank (Rwanda), zagira uruhare mu gutanga ingufu z’amashanyarazi zituruka ku mirasire y’izuba zisaga MW 105.
Inyubako nshya ya I&M Bank (Rwanda) yatashywe mu cyumweru gishize ifite ikoranabuhanga rikurura imirasire y’izuba rikayibyazamo amashanyarazi angana na KW 210, ni ukuvuga 40% by’amashanyarazi akoreshwa n’iyo nyubako.
Bivuze ko inyubako zo mu Mujyi wa Kigali zose ziramutse zifite iryo kornaabuhanga zari kuba zifite uruhare rukomeye muri gahunda yo kugeza umuriro w’amashanyarazi ku baturarwanda bose bitarenze mu 2024.

Uretse kuba iyo nyubako yifitemo ubushobozi bwo kugabanya guhora yishingikirije ku mashanyarazi y’umuyoboro mugari w’Igihugu (National Grid), ifite n’irindi koranabuhanga rifasha mu guhangana n’imihindagurikire y’ibihe mu rwego rwo kubaka ubukungu burambye.
Harimo ikoranabuhanga ryihariye rifata amazi y’imvura rikayohereza mu bigega kuburyo adashobora gutiza umurindi ibyago byo kuvuka kw’imyuzure mu Mujyi wa Kigali.
Ni imwe mu nyubako nke cyane zubatswe mu Mujyi wa Kigali mu buryo burengera ibidukikije, kikaba ari cyo cyerekezo cy’Isi mu gushakira ibisubizo birambye by’ibibazo by’imihindagurikire y’ibihe.
Iyo nyubako ikoreramo icyicaro gikuru cya I&M Bank iteretse kuri metero kare 3540, ikaba yarubatswe mu rwego rwo gushyigikira icyerekezo cya Guverinoma y’u Rwanda cyo kubaka imijyi iramba kandi ifite ubudahangarwa ku ngaruka nyinshi z’imihindagurikire y’ibihe.

Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yayitashye ku wa Kane taliki 16 Gashyantare 2023, ashima intambwe ishimishije Urwego rw’imari rukomeje gutera mu Rwanda.
Yagize ati:“Guverinoma y’u Rwanda irashimira I&M Bank yashoye miliyari 25 z’amafaranga y’u Rwanda mu kubaka icyicaro gikuru cyayo. Twishimiye kumenya ko mu gihe cyo kubaka iyi nyubako, ibikoresho by’ibanze byose byakorewe hano mu Rwanda, abayubatse ari Abanyarwanda n’ababafashije, impuguke mu bwubatsi n’ibihumbi by’Abanyarwanda bahawe akazi ko gukora mu nzego zinyuranye. Ni inkunga ikomeye kuri Politiki yacu yo kwimakaza ibikorerwa mu Rwanda kandi byongereye imbaraga zo guhanga imirimo.”
Ubuyobozi bwa I&M Bank buvuga ko umushinga wo kubaka iyo nyubako yubatswe mu buryo buramba watwaye imyaka 4 ngo wuzure. Hatoranyijwe Abanyarwanda b’abahanga mu gukora amatafari n’amadirishya biringaniza ubushyuhe bwo mu nyubako imbere, ibyo bikaba byaragabanyije kuba yakenera gushyirwamo ibyuma bitanga umwuka ukonje na byo bivugwaho kugira uruhare mu kohereza mu kirere imyuka yanduye.
Hari ikoranabuhanga ritunganya amazi ava ku gisenge rikayahinduramo amazi meza akoreshwa mu nyubako, n’uburyo busukura imyanda yaturutse mu bwiherero, amazi aturutsemo akongera gukoreshwa mu kuhira ubusitani, koza imodoka n’ibindi bitandukanye.

Binyuze muri iri shoramari, inyubako nshya ya Banki ibisenge bitanga ingufu z’amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba 210kW bigabanya gushingira ku mikoreshereze y’inyubako y’amashanyarazi kuva kuri gride y’igihugu.
Byongeye kandi, bespoke yubakishijwe amatafari hamwe n’idirishya rya konji bifasha gukonjesha imbere mu nyubako bigabanya gukenera gukoreshwa cyane. Byongeye kandi, inyubako ya Banki yateguwe kugira ngo amazi y’imvura afatwe kandi ahindurwe amazi meza muri iyo nyubako.
Umuyobozi w’inama y’ubutegetsi ya Banki ya I&M (u Rwanda), Bwana Bonaventure Niyibizi yagize ati:
“Nka banki y’ubucuruzi ya kera cyane mu gihugu, twishimiye inkunga Guverinoma y’u Rwanda yahaye Banki ya I&M mu myaka 60 ishize. Mu gihe dukomeje gufatanya kugira ngo Kigali n’u Rwanda rwagutse birambye, Banki ya I&M yiyemeje gushyigikira iterambere rirambye ry’imijyi, no gushyigikira ubucuruzi bwaho kugira uruhare mu bukungu burambye bw’u Rwanda .

Abari bitabiriye umuhango wo gutangiza ku mugaragaro, Umuyobozi mukuru w’itsinda, Bwana Sarit Shah yemeje ko Itsinda rya Banki ryiyemeje gahunda irambye y’u Rwanda ndetse n’ubukungu bwaho.
Ati: “Nishimiye kubona itangizwa ry’indi nyubako y’icyatsi ya I&M, Umuhanda; kabiri ku nyubako yicyatsi ya I&M ya Kenya, Parike imwe. 9 ku nyubako ya Avenue iragaragaza ubuyobozi bwa Banki nka nyampinga n’umufatanyabikorwa w’imari mu iterambere rirambye mu gihugu no muri Afurika y’Iburasirazuba muri rusange. Ndashaka kandi gushimira Guverinoma yu Rwanda kuba yarashyizeho uburyo bunoze bw’ubucuruzi no gutera inkunga abashoramari nkatwe. Imbaraga zawe ninkunga yawe byagize uruhare runini mugutsinda kwacu. Twizeye ko ishoramari rizadufasha gukomeza gutera imbere no gushyigikira iterambere ry’ubukungu bw’iki gihugu. ” bwana Shah.
Iyi nyubako izatanga umwanya ugezweho kandi urambye ku bakozi no ku bakodesha kandi izakomeza kuba ikimenyetso cy’ubwitange bwa banki mu kugira ingaruka nziza mu baturage bakorera.