AGRF2022: Perezida wa Zimbabwe Emmerson Mnangagwa yageze mu Rwanda

Kumugoroba wo kuri uyu wa mbere taliki ya 5 Nzeri 2022 nibwo Perezida wa Zimbabwe Emmerson Mnangagwa yageze mu Rwanda, akaba yitabiriye inama yiga ku iterambere ry’ubuhinzi muri Afrika #AGRF2022.

Iyi nama yitabiriwe n’abashakashatsi n’impuguke mu by’uuhinzi, bakaba bagaragaje ko  hagomba guhimbwa uburyo bw’ikoranabuhanga mu buhinzi bubereye abahinzi.

bongeyeho ko uyu mugabane ukeneye kongera umusaruro w’ubuhinzi niba intego ya 2063 yo kwihaza ku biribwa igomba kugerwaho.

Umuyobozi Mukuru w’ikigo IPAR gikora ubushakashatsi kikanasesengura politike n’ingamba za leta, Eugenia Kayitesi avuga ko abashakashatsi bafite uruhare mu gushakisha ibisubizo by’ibibazo abahinzi bafite.

Biteganyijwe ko iyi nama y’ihuriro Nyafurika ku iterambere ry’ubuhinzi yatangiye kuri uyu wa mbere taliki ya 5 Nzeri 2022, izasoza imirimo yayo taliki ya 9 Nzeri 2022.

Perezida wa Zimbabwe Emmerson Mnangagwa yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga Dr Biruta Vicent
Perezida wa Zimbabwe Emmerson Mnangagwa yageze mu Rwanda arikumwe n’abandi bamuherekeje
Perezida wa Zimbabwe Emmerson Mnangagwa na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga Dr Biruta Vicent
Abashakashatsi n’impuguke mu buhinzi baturutse ku mugabane wa Africa bateraniye mu Rwanda mu nama yiga ku iterambere ry’ubuhinzi

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *