Bugesera: Yaryamishije abana 2 b’imyaka 2 n’igice agiye kubabyutsa asanga bapfuye

Mu ijoro ryo kuri iki cyumweru tariki ya 28 Kanama  rishyira  kuri uyu  wa mbere  tariki ya 29 Kanama 2022, mu rugo  rw’uwitwa  Sekazungu Adrien utuye mu kagari ka Gakamba ,umurenge wa Mayange mu karere  ka  Bugesera,   humvikanye  inkuru  y’incamugongo  y’urupfu rw’abana  babiri  b’abakobwa  bavindimwe  bari mu kigero  cy’imyaka  ibiri n’igice.

Aganira  na TV1 dukesha  iyi  nkuru Sekazungu  yavuze  ko ku manywa  aba  bana bari biriwe  kwa Nyirakuru ubyara  se hamwe n’abandi bana, nyina  akajya  gusenga  nyuma  yo  kuvayo  ngo yagiye  kubafata abajyana mu rugo, ariko abagejeje  mu rugo  abakarabije  abona bafite  intege nke,  abaha imineke irabananira  akeka  ko  ari ibitotsi  ajya kubaryamisha,  maze ajya guhaha  ku muhanda  aho umugabo  we akorera.

Aho uyu mugore  agarukiye ngo umwana umwe  w’imyaka itanu yarabyutse , bituma  ajya  kubyutsa  abandi  maze  asanga bapfuye  niko kujya kubibwira  umugabo  we.

Sekazungu yabwiye  Tv1 ko amaze kubabona  nawe  yihutiye kubibwira  nyina  umubyara ari nawe nyirakuru w’aba  bana . Ati ‘’ Nahise niruka  njya guhamagara  mukecuru nti ibintu  bibaye iwanjye  ntabwo mbizi, ubwo  twahise  tuza  twiruka  mama ahageze atorosha abana , abakoraho ijambo yambwiye  yambwiye ati abana bapfuye.’’.

Nyirakuru  w’aba  bana  Mukarubuga Theresa yasobanuye ko yaje akabakorakora  ingingo zitandukanye, agasanga  nta rugingo na rumwe rurimo gukora. Ati’’umuhungu wanjye yaje arambwira  ngo abana banjye barapfuye niko kubakorakora nsanga  nta  mutsi n’umwe urimo gukora’’.

Bamwe  mu baturanyi  n’abo muri uyu muryango, bavuga  ko bakeka  ko aba bana  bapfuye  amarabira  baba bazize amarozi  kuko  nyina ngo ubwo yazaga  kubatwara  yasanze  barimo gusangira  umwumbati mubisi.

Sebarundi Ephrem Umunyamabanga  nshingwabikorwa  w’umurenge  wa Mayange, yatangarije  TV1 ko hari icyo barimo gufasha  uyu muryango wabuze  abana  babiri, ariko abasaba kwirinda kugira icyo bakeka. Ati’’ Icyo nabasaba ni ukwihangana  turimo turakorana na laboratwari nkuru y’Igihugu ku bufatanye  na RIB birimo  birakurikiranwa , icyo twababwira nibihangane  ibyo bizamini  nibirangira  tuzabafasha kugira ngo bashyingurwe’’.

Tv1 yatangaje  ko iki kibazo kikiri urujijo, kuko n’aho uyu mubyeyi yari yabasize  kwa  nyirakuru , nta muntu mukuru  wari uhari. Aba  bana  nubwo bavindimwe ngo bahuje se , ariko ntibahuje nyina.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *