Uburengerazuba: Umuganura waranzwe no gutaha ibikorwa byagizwemo uruhare n’abaturage (AMAFOTO)

Mu muhango wo kwizihiza umunsi w’umuganura mu ntara y’iburengarazuba abaturage bo mu murenge wa Rubavu, akarere ka Rubavu batashye ku mugaragaro imodoka biguriye y’umutekano yatwaye akayabo ka Miliyoni 24 Frw, ndetse imiryango 2 yahawe Girinka yituye maze imiryango nayo yahawe inka ivuga ko abana babo bagiye kubona amata, ndetse n’ifumbire yo gufumbira akarima k’igikoni mu guhangana n’imirire mibi n’igwingira.

Ni umunsi wizihijwe kuri uyu wa 05 Kanama 2022, mu gihugu cyose, aho mu karere ka Rutsiro uyu munsi waranzwe no gutaha inzu yunganira Umurenge wa Kigeyo mu gutanga serivizi nziza kandi inoze, no gusinya imihigo hagati y’umuyobozi w’umurenge n’abafatanyabikorwa aho hanaremewe umudamu uherutse kwibaruka abana 3 b’impanga, hanatangwa kandi inka k’umuturage utishoboye.

Byari ibyishimo bikomeye cyane ku muryango wa Murekatete Triphose, Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro wa wizihije ari kumwe n’ababyeyi be bamwibarutse ndetse anaboneraho umwanya wo kubashimira uburere bwiza bamuhaye bwanamufashije kugera ku mwanya ariho uyu munsi.

Kuri uyu munsi w’umuganura mu karere ka Karongi, Urubyiruko rw’Abakorerabushake rwinjiye mu gitaramo njya rugamba cy’imihigo yarwo n’Akarere ka Karongi, aho Umushyitsi mukuru muri uyu muhango yari Guvererineri w’Intara y’Iburengerazuba HABITEGEKO François.

Kambogo Ildephose, Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu yashimiye abaturage b’umurenge wa Rubavu kubera igikorwa cyiza bakoze cyo kwigurira imodoka, avuga ko iyi modoka izabafasha mu kwirindira umutekano.

<

Kambogo kandi yatangaje ko nk’ubuyobozi bishimiye umusaruro abaturage basaruye, avuga ko ibikigaragara nk’imbogamizi z’ibikomoka ku buhinzi bakirimo kubiganiraho n’inzego bireba ngo bikorerwe ubuvugizi.

Abaturage b’umurenge wa Rubavu biguriye imodoka y’umutekano n’isuku ifite agaciro ka Miliyoni 24 Frw, Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu ubwo yaberekaga ko yishimiye igikorwa bakoze nawe akamwenyu kari kose
Imiryango 2 yo mu murenge wa Rubavu yarituye muri gahunda ya Girinka
Ifoto igaragaza Ishimwe Pacifique, Umuyobozi w’akarere ka Rubavu wungirije ushinzwe imibereho myiza arimo asya amasaka ku munsi w’umuganura
Habitegeko Francois, Guverineri w’intara y’iburengerazuba (hagati) ari kumwe na Mukarutesi Vestine, Umuyobozi w’akarere ka Karongi nabo basomye ku ntango y’umuganura
Kambogo Ildephonse, Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu ari kumwe na Uwambajemariya Florence, Umunyamabanga nshingwabikorwa w’intara y’iburengerazuba basomye ku ntango y’umuganura
Mu karere ka Karongi urubyiruko rw’abakorerabushake rwasinyanye n’Umuyobozi w’akarere imihigo njya rugamba izibanda ku gukemura ibibazo by’abaturage
Mu karere ka Rutsiro batashye inzu yunganira ibiro by’umurenge wa Kigeyo mu gutanga serivisi
Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro yasinyanye imihigo n’abafatanyabikorwa batandukanye

One thought on “Uburengerazuba: Umuganura waranzwe no gutaha ibikorwa byagizwemo uruhare n’abaturage (AMAFOTO)

  1. Iyi nkuru irakoze peeeee uwayikoze ni umungamakuru w’umwuga apana gushakisha

Subiza ku gitekerezo

Your email address will not be published.