Air Cosmetic ni iduka riherereye mu mujyi wa Kigali rwagati, mu nyubako ya M Peace Plaza[Kwa Makuza], winjiriye ku muryango uteganye n’inyubako ya GRAND PANSION PLAZA, ukinjira uhita ureba ibumoso bwawe uhita ubona iryo duka ku muryango wa mbere ubanza.
Iri duka rimaze kuba ubukombe dore ko mu gihe cy’imyaka isaga ine rimaze rikora abarigana barivuga imyato kubw’imibavu myiza bahakura. Rwandanews24 yatembereye iri duka kugira ngo tubagezeho ubwoko bw’imibavui itandukanye bafitiye ababagana.Muri Air Cosmetic bagira imibavu zo kumubiri, izo gutera mu myemda, mu nzu, mu marido, izo mu bwogero, mu biro ndetse no mu mamodoka.Iyo mibavu yose ikubiyemo iy’abagore,abagabo ndetse n’a bana.
Amafoto ya bumwe mu bwoko bw’imibavu wasanga muri Air Cosmetic
Iyu ni umwe mu mubavu wasanga muri Air Cosmetic cyane cyane mu gutanga impano ku bakundana
Uyu ni umubavu w’abagabo uhumura neza cyane, kandi ukaramba mu myenda
Muri Air Cosmetic babafitiye imibavu myinshi itandukanye kandi ku giciro kinogeye buri wese
Badusobanuriye igihe imibavu bafite ikoreshwa ni ibyiciro irimo:
Muri Air Cosmetic batubwiye ko bafite imibavu ikoreshwa mu gihe cyubukonje ndetse n’ikoreshwa mu gihe cy’izuba. Izo zose wazihasanga ku bwinshi.
Rwandanews24 yaganiriye n’umuyobozi w’iri duka yitwa Alain Estalick GASASIRA, maze tumubaza uko ubu bucuruzi buhagaze ku isoko ry’u Rwanda, mu gisubizo cyiza adusubiza agira ati” uti u Rwanda ubwarwo rurahumura, guhumura abanyarwanda babyumva cyane ubu tumaze imyaka ine duhumuza abanyarwanda ku bwoko bwishi butandukanye bwimibavu kandi myiza cyane akarusho kuri uyu wagatanu tariki 15 tuzaba turi kwizihiza imyaka 4 tumaze uwo munsi mbonereho no kubatumira hazaba hari igabanyirizwa kuri bose ndetse hari ni ikarita igurwa maze ukabaho bakugabanyiriza kubicuruzwa byabo
Turabatumiye mwese by’umwihariko.”
Muri Air Cosmetic kandi borohereza abakiriya babo kubona imibavu bitewe n’amikoro yose waba ufite, dore ko bafite imibavu igura kuva ku bihumbi bibiri by’amanyarwanda(2,000Rwf), kugeza ku bihumbi Magana atatu na mirongo itandatu(360,000), kandi iyo umukiriya abyifuza babimugezaho aho yaba aherereye hose.
Niba ushaka imibavu ya Air Cosmetic wabahamagara kuri telephone:
+250788412135, cyangwa ukabasura ku rubuga rwabo rwa Instagrame @air_costmetic.
INKURU YA Theophile Bravery @Rwandanews24