Kenya: Abantu 11 baguye mu mpanuka bavuye gusaba no gukwa

Abantu 11 bo mu Ntara ya Kitui bari bagiye mu muhango wo Gudaba no Gukwa bapfuye nyuma y’Imodoka barimo yaguye ku muhanda wa Thika-Kitui.

Iyo modoka yari twaye abagenzi 24, yakoze  impanuka mu ijoro ryo ku wa gatandatu.

Nk’uko byatangajwe n’umuyobozi wa polisi mu gace ka Kitui, Leah Kithei, icyenda bahise apfa abandi babiri barakomereka bikabije ubwo bajyanwaga mu bitaro.

 “Imodoka yataye icyerekezo  yarimo bituma ikora impanuka.”

Abantu icyenda bapfiriye aho abandi babiri bapfira mu nzira bajya mu bitaro, ”ibi bikaba byavuzwe na Madamu Kithei.

<

Yavuze ko umushoferi wa wari utwaye iyo modoka yatorotse nyuma y’impanuka ariko bamusanze yataye bwenge. Gusa yakomeretse ukuguru ndetse n’ukuboko

Mu bapfuye harimo umubyeyi n’umuhungu we, nyina, umukwe na bashiki be babiri gusa abageni barokotse nubwo bakomeretse 

Icyakora, imiryango yabuze ababo muri ayo makuba ikomeje kuboroga mu gihe abandi bafite ababo bakomeretse bageze mu bitaro kugira ngo bamenye uko ibintu bimeze nkuko ikinyamakuru Taifaleo cyandikirwa muri Kenya cyabitangaje.

Subiza ku gitekerezo

Your email address will not be published.