Umunyamategeko w’umwanditsi Kakwenza Rukirabashaija yatangaje ko yahunze igihugu cye Uganda, ariko ntiyavuze aho yahungiye.
Rukirabashaija yari yasabye urukiko uburenganzira bwo kujya kwivuza hanze, kubera ibikomere yerekanye ko yakuye ku iyicarubozo yakorewe aho yari afungiwe.
Urukiko rwaherukaga gutegeka ko yimwa passport ye ngo ajye kwivuza hanze nk’uko yabisabaga nyuma yo gufungurwa
Rukirabashaija yari yarekuwe by’agateganyo, akurikiranywe ku byaha birimo gutuka perezida Yoweri Museveni n’umuhungu we Gen Muhoozi Kainerugaba.
Urubanza rwe mu mizi rwari rwashyizwe tariki 23 z’ukwezi gutaha kwa Werurwe.

Rukirabashaija ni umwanditsi watsindiye igihembo cya PEN International Writer of Courage mu 2020 kubera igitabo cye yanditse mu buryo bwo gutebya yise ‘The Greedy Barbarian’.
Yatawe muri yombi mu Ukwakira gushize afungirwa ahantu hatazwi kugeza mu kwezi gushize ubwo yagezwaga mu rukiko aregwa ibyaha.
Muri iyi minsi yari yararekuwe yagiye agaragaza ibikomere avuga ko yakuye ku iyicarubozo yakorewe afunze.
BBC